JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Imanzi ya mwiza

 

Imanzi ya mwiza

 

R/ Uraho se manzi ya mwiza x2

Aho naraye hose nararanye umwiza.

 

Dore ushaka umugore mujya inama x2

Wajya kumubona rubanda rukanga.

 

Umugabo mujya inama ntumubona x2

N’iyo umubonye rubanda irakubona.

 

Iyo mvuze icyaya cyaya urugo x2

Burya mba mvuze icyomanzi cy’umugore.

 

Mvumbe mvumbe mvumbe abagabo none x2

Ejo mu gitondo mvumbe abagore babo.

 

Baramusasiye yanga kuryama x2

Ahubwo ngo arashaka inka nyina yakowe.

 

Uwapfuye yarihuse nzi ay’urugo x2

Atabonye aho ayera bayavangamo amazi.

 

Kera umubyeyi w’i Rwanda nzi ay’urugo

Yonsanga umwana buhinja nzi ay’urugo

Agakenyera agaheka buhinja nzi ay’urugo

None ubu hateye za kigozi

Bébé arahekwa na yaya nzi ay’urugo

Bwira akarara muri beriso nzi ay’urugo

Bwacya ngo ab’ubu baragana hehe?

 

Umugore w’igisambo nzi ay’urugo

Yabonye umugabo agiye nzi ay’urugo

Akubita inkono ku ziko nzi ay’urugo

Ati: “ncanira mfura yanjye nzi ay’urugo

Nibishya ndaguhemba nzi ay’urugo

Nibipfuba ndagupfurika nzi ay’urugo.”

 

Wa mugore w’igisambo nzi ay’urugo

Isake ayihamya icyuma nzi ay’urugo

Isafuriya ayihamya iziko nzi ay’urugo

Isahani ayihamya ameza nzi ay’urugo

Ati: “ubugari bwaraye nzi ay’urugo

Ntaribuboneho ndakica nzi ay’urugo.”

 

Wa mugore w’igisambo nzi ay’urugo

Abona umugabo araje nzi ay’urugo

Ati: “ntugire ngo ndatetse nzi ay’urugo

Ni umuti wa buhinja nzi ay’urugo

Igicunshu n’umuravumba nzi ay’urugo.”



13/07/2010
3 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres