JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Intege z'umusaza

 

Intege z’umusaza

 

 

Intege z’umusaza

Amagorwa y’umusaza

Ndaza kugana he ngo mbise abifitiye igihe

Barye isi yabo bo bakifitiye ubuzima

Ko ntawe ukinyitaho ngo nzipfire neza.

 

Mva mu gikari njya i kambere imvura ikampitiraho

Ngenda nikubita imitego ngwa imbere yanjye

Uru  Rwanda ntahingamo sinduragiremo

Ndacyakora iki mbabaze bibondo byanjye?

 

 

Sinkimenya kugenda intaho yanjye ni ngufi

Ndeba aho najyaga nigerera nkumirwa

Abana banjye aho batuye sinahamenya

N’abaje kunsura simenye ko ari abanjye

 

Akagwa sinkikanywa kave he bana banjye

Ninywera itabi inkono yanjye ntiva mu kanwa

Singitarama ku manwa habe na nijoro

Rya jabo nari mfite riragatabwa.

 

Umugore wanjye we yagiye hakibona

Yapfuye akiri muto bintera agahinda

Ubwo se iyo aba aretse tukazaba tujyana

None abo yansigiye banteye umugongo.

 

Cyo rero bana banjye dore igihe ni gito

Ibyanjye muzabirye ariko mwongere ibindi

Ntimuziyandarike ngo muzihe rubanda

Mbaraze urukundo mbateye amata meza

 

Mubeho kandi musigarane amahoro X2



13/07/2010
0 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres