JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Kuko nasanze

 

Kuko nasanze

 

 

Ureke niririmbire nanjye ncinye akadiho,

Umbise nitambukire uhigame umureke ansange,

Ureke niryamire wenda nkante igitotsi

Cyangwa se nishime ni uko, ni uko.

 

Kuko nasanze byose ari ukubeshya,

Nasanze ari inda ibibatera,

Kuko nasanze byose ari agateganyo,

Nasanze ari nk’umuyaga.

Ibyo ugira ngo nkwihere, nawe bimpe,

Ibyo ugira ngo nkukorere, nawe ubinkorere.

 

Ureke niyicarire kandi undeke nduhuke

Ureke nivugire  uceceke niyumvire,

Ureke nigendere nzigarukire,

Nawe umve mu zuba umbabarire cyane.

Ureke nigurukire cyangwa nibire,

Niyubakire icyarire niyugamire,

Have winyorosora buribudukwire,

Nyihera amahoro shimwa, shimwa.

 

Kuko nasanze byose ari umurengwe,

Nasanze bitamara agahinda,

Kuko nasanze mwese ntawe ureba,

Ngo arebe arore kure cyane,

Ibyo ugira ngo nkwihere, nawe bimpe,

Ibyo ugira ngo ngukorere, nawe ubinkorere.

 

Niyubakire ikiraro wubake igorofa ryawe,

Gumana imodoka yawe undekere ibirenge,

Jyana inoti zawe umpe icyo giceri cyanjye,

Ureke nkunda uriya nawe ukunde uwawe.

Urampora iki shenge ko ntigeze ngira nabi?

N’uriya wundi umureke abeho,

Sigaho kuntoneka sigaho kunyibutsa,

Turi ibiremwamuntu oya, oya.

 

Kuko nasanze byose ari ubugugu,

Kandi nsanga habura gusaranganya,

Kuko nasanze umujinya unesha ubwenge,

Kandi urubwa rubabera

Ibyo ugira ngo nkwihere, nawe bimpe,

Ibyo ugira ngo ngukorere, nawe ubinkorere



14/07/2010
2 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres