JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Ni ukurindira nyine

  Ni ukurindira nyine

 


Uuuuuuuuuuu, ni ukurindira nyine, ni ukurindira x2

 

Kera habayeho umugabo, bukeye ashaka umugore

Ni uko amaze gushinga urugo se wamubyaye mbere yo gusaza amuha umugisha

Amwifuliza kuzatunga agatunganirwa

Akazabyara hungu akabyara na kobwa

Akazarumbuka nk’ubwoya bw’inka

Akazahahira ku katsi ko hepfo n’ako haruguru y’inzira

Akazahahira ku muzungu no kumwirabura

Akazahahira ku munyarwanda ubugira gatatu

 

Ni uko bukeye  babyaraga umukobwa

Buracya babyara na none umukobwa,

Bongeye bakurikizaho uwundi mukobwa

Byongeye babyaraga noneho umuhungu

 

Uuuuuuuuuuu, ni ukurindira nyine, ni ukurindira x2

 

Wa mukobwa wa w’imfura igihe kiragera arashaka arabyara abana abagira batatu

Wa mukobwa w’ikirondamfura na we igihe kiragera

arashaka arabyara abana agiraga  babiri

Wa mukobwa wa gatatu na we akundanaga n’umuhungu

Muri icyo gihe, icyo gihugu giteramo intambara, ngo cyatewe n’umwanzi

Abasore benshi bajya ku rugamba, abandi nabo basigaraga ku rundi

Bamwe barugwagaho, Abandi barumugariragaho

Abarusimbutse bacyura ababyeyi,

Abandi bararusoza barabahungisha.

 

Aho rurangiriye rero buri wese yatangiye gushaka abe,

wa mukobwa muto yari yarakundanye n’umuhungu w’umusergent

uko yajyaga ahamagarwa ku rugamba, yasigaga amuhumurije

Ati humura humura ntacyo nzaba, wikomeza guhangayika

Ati ndi intwali itisukirwa, unyigabije aba yiyahuye

 

Uuuuuuuuuuu, ni ukurindira nyine, ni ukurindira x2

 

Urugamba ngo rwararemye, rurarema sergent abarasiraga kubamara

Nyuma y’intambara agahenge kaje,

wa mukobwa ategereza sergent aramuheba, atangiraga kumushakisha

Amushakisha mu mpunzi sihunga amuburamo

Agaruka kumushakisha mu mpunzi zihunguka mauburamo

Abaliliza aho imfungwa z’intambara ziri bamubwira ko iyo ntambara nta mfungwa yagize;

Aho yagendaga yagendaga agira ati:

 

Ko yagiye ajyanye n’urungano

Ngo agiye ku rugamba

Ngo ajya kurasanira urwamubyaye

Jye muheruka abarasira kubamara

Jye muheruka ambwira ko ari ingabo

Nkamuheruka ambwira amasezerano,

 

R/ Ati mbwira ko mwahuye

Ese  waba waramubonye, uwo mukunzi

Ese waba warababonye, abo bajyane kirya gihe

Ese waba warababonye, abo bahuye bahunga

Nyibwirira

 

Ni uko wa mukobwa w’ikirondamfura na we

Mu gihe urugamba rweguraga,

amahano atagira uruvugo agakwira igihugu cyose

Yatandukanye n’abana be bagendagenda ayo mayira yose

Bajyana n’umuhisi n’umugenzi

Ntabwo yamenye irengero ryabo

Nta n’ubwo yamenya niba barapfuye

Kuko uwo utabona ntibimushyiraho urupfu ku bw’ibyo.

Ni uko rero na we agerageza gushakisha abo yibarutse

Akagenda abaririza aho hose

 

Ko yababajije abahisi n’abagenzi

Ko yazizengurutse impugu nyinshi

Akayasenga  menshi amasengesho

Za noveni,  za rozali, mu biterane, za dawe na za wubahwe

 

 

R/ Ati mbwira niba ubazi

Ese waba warababonye, abo bana

Ese waba warababonye, abo babyirukanye baragiranye

Ese waba warababonye, aho bajyanye kirya gihe

Nyibwirira

 

 

Naho wa mubyeyi wari warahawe umugisha ngo azabyare hungu abyare kobwa,

ngo azarumbuke nk’ubwoya bw’inka,

yaratabarutse asiga umukecuru wenyine,

Nk’abandi benshi umukecuru yarahaunze,

ahunga akurikiye iyo izuva ligana

Uuuuuuuuuuu, ni ukurindira nyine, ni ukurindira x2

 

Aguma agenda akurikiye imigezi iyo isuma igana

Aya kimeza na kamiranzovu arayagenda

Agera ubwo aburiwe irengero

 

Umuhungu we w’umuhererezi we, nawe ajya kumushakisha

Uwo musore yali mu boherejwe guhana abagomye n’ibisanira byabo

Arayazenguruka ayo mashyamba y’I shyanga

Araruvunja urwo rumwe, araruvogera urwo urufunzo

Ali na ko abaza abo bahuye

Ati ese mwaba mwaramubonye uwo mubyeyi

Ati ese mwaba mwarahuye uwo mubyeyi

Ese mwaba mwali mumuzi uwo mubyeyi

 

Yari Mama yari Mawe nawe

Yamukundaga Dawe ntiyishinze

Yaranyibarutse niwe nta wundi

munyibwirire x2

 

Imfura yabo nayo, igicu gikingurutse, yatangiye ubucuruzi,

Kugira ngo azabone uko arera imfubyi yasigaranye

Akajya agenda acuruza mu ngo aho hose

Hakaba urugo bakundaga kumugulira cyane

Mu gihe yitegereza uko bacagura, bahamagarana, bagura,  bagabana bakishyura, mu kanya mu irembo hinjiramo umusore w’ingimbi,

Akaguru kamwe kari karanungumutse agendera kuri santana

Arakura barikiriza, aregera na we aragereka,  umubyeyi aramureba,

Aragura, arishyura umubyeyi aguma kumuhanga amaso,

Agera aho aratulika ararira, ni ko kumufata akaboko agira ati:

 

Uuuuuuuuuuu, ni ukurindira nyine, ni ukurindira x2

 

Ati nali mfite umwana wali mu kigero cyawe

Yagiye atadusezeye yokanyagwa, tubyumvana urungano

Ngo yajyane n’abandi iyo ku rugamba

Ngo gucyura ababyeyi bari baheze i shyanga

None baratashye aliko we sinamubonye

Ati none wa mwana we,

 

R/Ati mbwire ko mwanganaga

Ati mbwira yari urugero rwawe

Ati mbwira ndabona mufitanye ishusho

Ese yaba ari wowe mwana

Aho ntiyaba ali wowe mfura yanjye

Cyo mbwira ndekere aho kurindira

Nyibwirira

 

 

R/Ati mbwire ko mwanganaga

Ati mbwira yari urugero rwawe

Ati mbwira ndabona mufitanye ishusho

Ese yaba ari wowe mwana

Aho ntiyaba ali wowe mfura yanjye

Cyo mbwira ndekere aho gurindira

Nyibwirira

                                                        

 

 

 

 



10/05/2013
5 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres