JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Umurage

 

Umurage

 

Iyumvire maze untege amatwi kibondo cyanjye

Dore ubungubu umaze gukura reka nkwibwirire

Ibyo nkubwira aha, ntuzabyibagirwe

Bizagufasha mu buzima bwawe kibondo uramenye.

 

R/ Cyo mwana wanjye ngaho ntega amatwi

Abantu b’iyi si turarushya

 

Ubona umuntu anyuze aha yiruka n’imodoka

Ukabona undi ahanyuze yiruka n’amaguru

Bikakuyobera uti mbese barajya he

Bareke bagende kibondo cyanjye uzaba uhamenya.

 

Ubona umuntu afite amamodoka afite amazu

Nyamara ukumva avuga yiganyira ngo arakennye

Ukumva arabeshya, burya ntaba abeshya

Ahubwo ni uko ubukire bwo ku isi ntawe ubugeraho.

 

Kubona umugabo afite abagore batatu bane

Nyamara akarenga akajya gusenyera mugenzi we

Bakaba batanu, cyangwa se barindwi

Ibyo byose biterwa no kwifuza kibondo uramenye.

 

Iyo wumva ngo kanaka azirana na mugenzi we

Ntibaba babuze icyo  bapfa nyamara cyoroheje

Ntukabyivangemo, jya unyura iruhande

Urwango rw’iyi si kibondo cyanjye ntiwarushobora.

 

Ujye wumva bike kandi uvuge bicye mwana wanjye

Ujye urora bicye kandi ntukagire amatsiko

Ikindi ukundane, ntugahemuke

Ibyo byose nubigeraho mwana uzaba umugabo.

 

R/ Cyo mwana wanjye ngaho ntega amatwi

Ibi nkubwira aha urajye ubyibuka

 

Nujya ubona ubabaye ntukamwirengagize

Yaba uwawe cyangwa se uw’abandi jya umumenya

Jya ukorera Imana ntugahemuke

Kuko nawe ntiwamenya icyo iminsi yakuzigamiye.

 

Uzabana n’abantu beza mwana cyangwa babi

Urajye wirinda abazajya bakoshya ubamenye

Jya wanga umugayo, kandi urabe intwari

Naho ubundi mwana wanjye iyi si ntabwo wayishobora.



13/07/2010
0 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres