JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Umutwaro we ukwe

 

Umutwaro we ukwe

 

 

 

Rwose birababaje kandi birahogoje

U Rwanda na bene rwo bariyerekanye

Banyarwanda mbabaze birya muba mukora

Mucengacengana

Twese twese twagaye barya babikora

 

Najyaga mbitegereza, uko mubanye neza

Uko mutabarana, mugatumirana

Mu bukwe mu bitaramo, nti dore abavandimwe

Mwiganirira museka

Nkajyaho nkibeshya ngo ntuye paradizo

 

Ku munsi wa Rurema mbona mwambaye neza

Mujya mu rusengero muberewe koko

Mwayipfukama imbere mukomanga ku gatuza musenga bucece

Isengesho muhavuga, icyampa nkumvaho

 

Mbese ubundi mupfa iki? muri mwe ni nde wahisemo

Mbese ni nde waremye undi mwarekeye aho!

Ko ndeba mushukana ko ntawe ukosora undi

Ntimuve ku izima

Kandi ngo umuntu azabazwa umutwaro we ukwe

 

Birya rero mwakoze hamwe n’ibyo mugikora

Ndetse n’ibyo mugikora muriyimbire

Byabereye umuzigo igihugu n’umuntu ukwe

Rurema arababara

Kandi ngo umuntu azabazwa umutwaro we ukwe.



14/07/2010
0 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres