Unyiyoborere
Unyiyoborere
Kera habayeho umwana w’umusore
Ngo yari mwiza, yari afite igikundiro
Aliko cyane cyane akagira ubushishozi
Akarangwa n’ubugiraneza n’impuhwe
Yaranzwe n’ubwenge no gushyira mu gaciro
Ngo yavukiye mu kirugu cy’abashumba
Umubyeyi we yahembwe n’abami baturutse I shyanga
Ngo yarahizwe azira ko aje gufata ingoma ku isi arahunga
Igihe kigeze arabatizwa, ali na byo yise kuvuka bwa kabiri
Nyuma atangira ubutumwa bwali bwaramuzanye.
Uwo mwana w’umusore ngo yari azi no gukora ibitangaza
Abatarabonaga arababonesha,
Abataragendaga arabagendesha
Abataravugaga arabavugisha,
Abatararebwaba arabareba
Abatarumvwaga arabumva
Abari barwaye ibinyoro n’ibibembe arabibavura
Abari intabwa akabasanganira akabahumulizaga
Abali barahawe akato akabegera
Ngo mu gihe cye ni we wahishuye ko abantu bose bareshya
Ni we wahishuye ko habaho Imana imwe rukumbi nta yindi
Ni we muhanuzi wenyini wivugiye ko ali umwana w’Imana
Yagendaga yigisha abantu bose inkuru nziza
Yuzuyemo ubushishozi ubukiranutsi n’amayobera
Ati ndi inzira, ukuri n’ubugingo
R/Ndaje ndaje Mana , ndaje unyiyoborere
Ndaje Mana yanjye, ndaje unyihere umugisha x2
1. Ati mukunde abanzi banyu, mubakunde cyane
Ati kuko gukunda bashuti banyu, nta gitangaza na mba
Ngo uzamubabarire inshuro zirindwi, yabisubira ugakuba kalindwi
Ayo magambo yangeze ahantu, uri rukumbi mu bantu
Uti mwese ahangaha murangana, Nta mutunzi ntan’umutindi
Nta mutware nta n’umugaragu, Nta nta muhinzi nta n’umushumba Mana
R/
2. Ngo ntimukibaze iby’ejo haza, Iso wo mu ijuru aba abirora
Ngo uturabyo twambara kurusha Salomo, Ngo utunyoni ntiduhunika ibihingwa
Ngo ushaka kuyobora aboze ibire, Ngo utaracumuye nalimubanze
Ngo ibya César nibijye ku ruhande, iby’imana na byo bijye ukwabyo
R/
Jye nkunda ukuntu ubivuga wemye Mwami, ukaduhanura,
Ukadusubiza imboni mu maso, jye ndaje, ndaje mwami unyiyoborere
Dore ubu ndaseze ye ku cyitwa icyaha,
icyitwa icyantandukanya no gushaka kwawe mwami
Nze nkwiyegerere Mwami, unyobore ibirenge byanjye
Unyoboboye iyi nganzo Mwami, unyobore ibitekerezo byanjye
R/
Uli umuhanzi uhanga ubushishozi, Uli umuhanga gusumbya abahanga
Aho nabereye ntawe numvise, Mu babayeho n’abaliho ubu
wagusumbye ijambo liyoboye
Uti amategeko muyumve mbabwire
Ni urukundo rukundo rugana kuri Data
Byasubira rukajya ku bagenzi
Kuko uwakunze ntiwakwiba
Ntiwakwica, ntiwahora
Ntiwahemuka, ntiwajiginywa
Ntiwaryarya, Ntiwaba intasi
Ntiwateranya ntiwashumuliza
R/
Icyampa icyampa, icyampa mwami mwiza cyane
Icyampa maze ukaza mu Rwanda, ukatuvungurira ku ili jambo
Ukababwira abayobora, uburyo bakwiriye kuyobora
Ukababwira n’abayoborwa, uburyo bakwiriye kuyoboka
Bashaka guhindura ubutegetsi,
bakabikora nta mwana bagombye guhindura imfubyi, uwariwe wese
Ubwoba numvise mu bayobozi, Ntibabukongeze mu bayoboka
Bakabugumana iyongiyo, Ntibabumanure batambikana rubanda
Aha ndakwinginze Mana
R/
Icyampa na none icyampa, icyampa mwami mwiza cyane
Icyampa maze ukagaruka I Rwanda, Ugahugura abiyeguriye Imana,
Ni uko ikabibutsa ubutumwa bwawe, bakabitera umugongo ibyo ku isi
Bakabiturekera twe tugishakisha ijambo,
Bakazisubiramo bakazisuzuma na zirya ndahiro mwagiranye
Bakazisubirana ingeso ziranga izo ntore watoreye kuyobora abandi
Ntibawuhishahishe n’urya musaraba ubaranga mu kwemera Jambo
ngo bivange hamwe na rubanda
Bashakisha umutungo aho mu maturo ashusha n’uburyarya Mana
Bashakisha ishema aho mu biroli no mu mvugo zabo, zigaragaza ubwibone
Ahubwo barangwe no kwitanga, kwiyoroshya no kwiheza
Kwizera no kwizerwa, kurangwa n’urukundo rwogakunda rugasakara.
R/
Inscrivez-vous au site
Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour
Rejoignez les 1335 autres membres