JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Ni bo bazabyibarizwa

 Remix

 

Ni bo bazabyibarizwa

 

 

Uwo munsi rero nugera

Ndavuga uriya uheruka indi

Uriya bahanuye kera

Usa n’igisakuzo

Noneho ubu ugiye kugera.

Uwo munsi rero nugera

Inyenyeri zizava mu kirere

Izuba rizazima burundu

Ukwezi kuzimate

Aho rero kazaba kabaye.

 

Imigezi yose izakama

Ibirunga byose biruke

Umuyaga uhuhe cyane

Ibicu byigireyo

Haze icyezezi cyo mu ijuru.

Aya magorofa n’amazu

Amato n’amamodoka yose

Uwo munsi nugera

Bizahirimanaho

Hagowe abo byahogoje.

 

Ubwo haze abamarayika

Bakoranye abantu b’isi yose

Abirabura n’abera

Ab’epfo na rugura

Nyuma hakurikire urubanza.

Amadini yose azaba imwe

Ururimi havugwe rumwe

Ubwoko buzaba bumwe

Gusumbana biveho

Ariko intebe zibe ebyiri.

 

Mbega amarira n’imiborogo

Mbega abirasi ngo baragorwa

Mbega abagome baramwara

Uwahogoye agahozwa

Mbese wowe uzaba urihe?

 

Ibi byose ureba bizashira

Ishyari n’itiku bizashira

Ubugome n’agasuzuguro

Akarengane kaveho

Hari benshi bazaruhuka.

Nyibwirira rata mugenzi

Wekwishinga bariya bose

Ugeze he witegura

Inkuru uzasiga i musozi

Cyangwa uzavuga sinamenye?

 

Umva rata nkugire inama

Subiza ibyo waba waranyanganyije

Gabana ibyawe n’abakene

Wibuke ko uri umugenzi

Kandi ko ugiye kugerayo.

Ukwiraseho uti bizashira

Ukuroye ikijisho uti bizashira

Ukurenganyije uti bizashira

Abo bose ubihorere

Ni bo bazabyibarizwa.

 

Ukwanga urunuka uti: “bizashira”

Ugutwaye utwaye uti: “bizashira”

Ukwiciye abawe uti: “bizashira”

Abo bose ubihorere

Ni bo bazabyibarizwa.

 

Gumana ibiganza byera de

Umutima wawe uhore ucyeye

Urukundo rusumbe aya mahano

Urangwe n’ubukiranutsi

Aho uzaba ubaye umushishozi



14/07/2010
0 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres