JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Umugayo

 

Umugayo

 

 

 

Ongera ugaruke nkugaye cyane mwana wanjye

Ndibuka nguhana nguhanura mu murage

Nti ntugahemuke, kandi urabe intwari

Nti ibi byose nubigeraho mwana uzaba umugabo

 

Cyo mwana wanjye ni ibiki wakoze

Ko naguhannye ukanga ukananira

 

Nti nubona abanyuze aha biruka jya ubareka

None inkubiri yateye i Rwanda ntiwarabukwa

Urakurikira ukora amahano

Umenye yuko imyifatire yawe itanshimishije

 

Nagize nti hariho abakungu batunze koko

Nti biriya byose ubona bafite ni ubusa gusa

None kibondo warabasahuye

Ko babisize aho ntiwaketse ko wowe uzabijyana

Nakubwiye ko hari abazirana utazi icyo bapfa

Nti urajye unyura i ruhande ntukabyivangemo

Mbona ufite imbunda, mbona ufashe ifuni

Ibyo byose wabikoreye iki se mwana ko unaniye

 

Nti nubona ababaye ntukamwirengagize

Yaba uwawe cyangwa se uw’abandi jya umumenya

Wafashije nde se? Watabaye nde se?

Ubuzima ko ari agatebe gatoki kibondo uribuke

 

Nti uzabana n’abantu beza mwana cyangwa babi

Nti urajye wirinda abazajya bakwoshya ubareke

Barya mwari kumwe wabonye ari abaki

Ko mwaraye amajoro n’imitaga mukora amahano

 

Nagira ngo nkugayire abandi mwana wanjye

Nagira ngo nkubwire ko utumvise umurage

Ibyabaye i Rwanda, iyo untega amatwi

Amazi ntaba yararenze inkombe noneho uramenye



14/07/2010
1 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres