Ntako tutagize na twe
Ntako tutagize na twe
Ni uko urema isi n’ibiyiriho
Urema umuntu umugira umugenga wabyo
Abyara abahungu abagira babiri
Uwitwa Gahini avumbura kwicana
Ubugome nk’ubwo bugira inkomoko
Umunsi Adamu yumvira Eva
Bakirira imbuto iryohereye
Ngo byarakubabaje cyane Mana
Ni aho twaguye Mana
Igikorwa cy’abo bakurambere bacu
Ni aho twaguye mana
Ni irya nyagwa yabagiye mu matwi
Urabegera baraguhunga
Uti: “mwagize isoni mwakoze ishyano”
Uti: “mwene Adamu wese
Azarya abanje kubira agatutu
Kubera wowe Adamu ubutaka buravumwe
Wari umukungugu uzabisubirana”
Uti: “wa mudamu we inda izakubabaza
Byandikwe kandi bizabe bityo”.
Ntako utagize Mana
Umuntu ukamuha kuba muri paradizo
Ukamutumaho Nowa ngo amwinjize inkuge
Igihe cyose waduhereye Mana
Abantu bikomereje kugoma
Ukomeza kubatumaho abahanuzi
Ba Musa ba Eliya
Ba Yona na ba Yesaya
Yeremiya Zefaniya
Daniyeli na Zakariya
Yoweli Samueli
Bose bose baricwaga.
Ntako utagize Mana
Ngo babateraga amabuye bakanabakoba
Ngo babataga mu rwobo bakabashinyagurira
Ngo babatererezaga inyamaswa z’inkazi
Ubwo wohereza ikinege
Akajya abigisha ijambo ryawe
Ati: ”hahirwa ab’imitima iboneye
Kuko ari bo bazabona Imana”
Akigisha ko abaja n’ababahatse
Bareshya bose imbere ya Rurema
Ati: “ibya Kayizari mubihe Kayizari”
Bashyirwa bamucakiye baramubamba waya.
Ntako atagize Mana
Ukuntu yagiraga amasomo meza cyane
Ukuntu yavugiraga abakene n’imbabare
Kandi urya mwana yari akiri ikibondo
Yabibye imbuto nziza kandi irera
Twaremeye dusenya gakondo
Intumwa yasize zarakomeje
Zigisha hose tuyoboka twese
Turagushakisha aho uri hose
Uvuze ko akuzi tugakurikira
Itorero rije tukariyoboka
Kugeza ubwo dutwikiwe mu nsengero.
Ntako tutagize natwe
Dukandagirana tugushaka hose
Benshi muri twe barahagwa cyane Mana
Tukanga kuvurwa ngo mu izina ryawe.
Batubwira urugamba rwo kujya kwica
Urugamba rwo guhemukirana
Urugamba rwo gusahuranwa
Tukabihana mu izina ryawe.
Mana natwe turakuzira
Kandi turagushakisha hose
Uratuvune Mana udutabare
Kiriya kigabo gifite ibibaraga cyane.
Nta ko tutagize na twe
Dore tumeze nk’abatagira umwungeri
Turapfunda imitwe aho hose tugushaka
Twarapfukamye amavi azana ibinya
Amabonekerwa yose tugahurura Mana
Amatorera yose turayazenguruka
Mana yacu ntako utagize ariko
Nta ko tutagize natwe x2
Inscrivez-vous au site
Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour
Rejoignez les 1335 autres membres