JEAN Baptiste Byumvuhore

JEAN Baptiste  Byumvuhore

Ntawe ujyanayo impamba

 

Ntawe ujyanayo impamba

 

 

Iby’isi ni amayobera bagenzi

Abantu barapfa bagaha abandi

Ibihe bigahora biha ibindi

Abahanga abakungu ari n’abatindi

I kuzimu ni ho inzira irangirira.

 

Urupfu iyo rwaje guhitamo abarwo

Ari umwirabura cyangwa se umwera

Umugiraneza n’umugiranabi

Iyo urupfu rwaje ntabwo barurwanya

Bose bibagirana nk’umuyonga.

 

Ko muzi se intare n’ingufu zayo

Nyamara ikanga ikagenda nk’isazi

Inzovu n’inzoka ni kimwe byose

Ari n’abacura intwaro z’ibyorezo

Iyo urupfu rwaje bapfa nk’abahinzi.

 

Ijisho rirarora ntirihage

Inda urayihahira ntihage

Ururimi rukavuga ntiruhweme

Naho amatwi yo arumva ntarekere aho

Mbe bagenzi mubona ibyo ari ubuhoro.

 

Dore wica umuntu umuziza akamama

Ngo ntibukeye nawe inkuba ikakwasa

Ugapfa ururenze urwo wamuhaye

Kandi nyabusa uzirikana urubanza

Uzaburana umunsi mwazutse.

 

Dore umuntu araruha kuva akivuka

Agakora imirimo akabira ibyuya

Akabona bamuha we ntatange

Urupfu rwaza akabisiga byose

I kuzimu ntawe ujyanayo impamba.

 

Benedata nimusubize amaso inyuma

Iby’Isi ni ubusa nshuti murabibona

Useka uyu munsi ejo ukazaba uboroga

Cyo rya cyo nywa ariko umenye ko uzabisiga.

 

Kwiruka ku mafaranga nitubireke

Ishyari n’ubugome nshuti tubireke

Amazimwe amatiku nshuti tuyareke

Ibyo kurutana nshuti tubireke

 

Oooh Dawe ushobora byose

Dore isi iradusiga ruremabintu

Ooh Dawe ushobora byose

Umenye abana bawe bari ku isi.



13/07/2010
0 Poster un commentaire

A découvrir aussi


Inscrivez-vous au site

Soyez prévenu par email des prochaines mises à jour

Rejoignez les 1335 autres membres